Leta ya Afghanistan yatangaje ko yatangije ibitero bikomeye ku birindiro n’ibikorwa bya gisirikare bya Pakistan ku mupaka uzwi nka Durand Line, ivuga ko ari igisubizo ku bushotoranyi n’ibitero byagiye bikorwa n’ingabo za Pakistan.
Nk’uko byatangajwe na Al Jazeera, umuvugizi wa leta ya Taliban, Zabihullah Mujahid, yanditse ku rubuga X ko:
“Mu gusubiza ubushotoranyi n’ikorwa ry’ibyaha byagiye bikorwa n’inzego za gisirikare za Pakistan, hatangijwe ibitero bikomeye byibasiye ibirindiro n’ibikoresho bya gisirikare bya Pakistan ku murongo wa Durand Line.”
Amakuru aturuka mu gisirikare cya Afghanistan yabwiye Al Jazeera ko abasirikare 10 ba Pakistan bishwe, ndetse n’ibirindiro 13 byafashwe muri ibyo bitero byo ku wa Kane. Ibyo bitero byavuzwe ko byakozwe mu rwego rwo gusubiza ibitero Pakistan yari yakoze ku Cyumweru ku mupaka w’ibihugu byombi.
Ku ruhande rwa Pakistan, ubuyobozi bwatangaje ko mu bitero byabwo bwishe nibura abarwanyi 70, ariko Afghanistan yabihakanye, ivuga ko hapfuye abaturage basanzwe barimo abagore n’abana.
Umubano hagati ya Afghanistan na Pakistan umaze amezi asubira inyuma cyane. Imipaka myinshi yo ku murongo wa kilometero 2,611 uzwi nka Durand Line hafi ya yose yarafunzwe nyuma y’imirwano yabaye mu Ukwakira igahitana abantu barenga 70 ku mpande zombi.
Abasesenguzi bavuga ko niba impande zombi zitinjiriye mu biganiro, aya makimbirane ashobora kurushaho gukaza umutekano muke mu karere.

