Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 10 Nyakanga 2026 habaye tomboro y’uburyo amakipe azitabira CECAFA Kagame Cup 2026 azaba agabanyije mu matsinda, hasobanurwa na byinshi kuri iri rushanwa rizabera i kigali.
Muri iyi tombora Rayon Sport yisanze mu itsinda rimwe na AL hilal yo muri Sudan, Tusker yo muri kenya na KVZ FC yo muri Zanzibar. Ni mu gihe APR FC nayo ihagarariye u Rwanda yisanze mu itsinda rimwe na Gor mahia yo muri Kenya, Vipers yo muri Uganda na Garde Republique.

CECAFA Kagame Cup 2026 izitabirwa n’amakipe 12 yagabanyijwe mu matsinda 3 agizwe n ‘amakipe 4. Ikipe 3 zizayibora buri tsinda zizahita zikomeza muri 1/2 hiyongereho ikipe izaba yabaye iya 2 ariko yarushije izindi kwitwara neza.
Biteganyijwe ko iri rushanwa riterwa inkunga na nyakubahwa perezida wa Repubulika y’u Rwanda Kagame Paul rizatangira ku wa 18 Nyakanga 2026, rigasozwa ku wa 09 Kanama 2026.



