Ubundi burya ngo Gushaka ni byiza, ariko kudashaka bikaba byiza kurushaho, uyu murongo wo muri bibiliya uboneka mu banyakorenti (ba mbere) umutwe wa karindwi. Uyu murongo rero umugabo witwa Nzamwita Calixte banza we yarawusomye akiri muto ndetse akawubahiriza cyane.
Nzamwita Callixte ukomoka mu ntara y’amajyaruguru avuga ko ku myaka ye 71 atarakora imibonano mpuzabitsinda na rimwe kandi ko yatangiye kugendera kure icyitwa igitsina gore afite imyaka 16 gusa, kuva ubwo hashize imyaka 55 adashobora kugira aho ahurira nabo kuko arabihisha cyane. Sibyo gusa yirinda n’umuntu wese watuma ahura n’abagore akaba ariyo mpamvu akunda kuba yibereye murugo hafi ya buri gihe.
Nyamara uyu nubwo atinya abagore bigeze aho, bivugwa ko ahubwo abagore baturanye nawe aribo batuma akomeza kubaho kuko baramufasha cyane bakamuha ibimutunga, gusa babizana bagira nta mugore numwe cyangwa umukobwa wemerewe kumwegera cyangwa kumwinjirira mu nzu, ugomba kumufasha ariko ukaguma kure ye.
Nzamwita ati: “nafashe umwanzuro wo kwiheza ndetse nubaka n’uruzitiro runini ku nzu yange kuko sinashakaga kandi nanubu sinshaka ko hari umuntu w’igitsina gore wanyegera”
Umwe mu bagore baturanye na Nzamwita ati: “nubwo atinya abagore bikabije, nitwe tumufasha kubaho. Tumufasha kubona icyo kurya ndetse tukamuzanira n’ibindi bintu ashobora gukenera mu buzima bwa buri munsi ariko nubwo aruko bimeze icyo waba uri kumufasha cyose ntashobora kukwemerera kumwegera uri umugore, ntibishoboka” yakomeje agira ati: “buri kintu cyose tumuzaniye ujugunya hafi yinzu akaza akagifata nta mugore yatuma amwegera”.
Nzamita iyo abonye umugore wegereye hafi yinzu ye ahita asubira mu nzu igitaraganya agafunga hato batagira aho bahurira. Uyu mugabo bikekwa ko arwaye indwara yitwa gynophobia akaba ari indwara yo gutinya umuntu w’ikindi gitsina, nk’umugabo agatinya abagore, cyangwa umugore agatinya abagabo cyane.
Ibimenyetso byiyi ndwara bigaragazwa nuko iyo umugabo nkuku atekereje abagore bihinduka ako kanya, agatangira kugira ubwoba, mugituza hakifunga guhumeka bikanga, akabira ibyuya byinshi ndetse n’umutima ugatera cyane.
Iyi rero wasanga ari nayo mpamvu Nzamwita abagendera kure cyane atitaye ko bamufasha



