Hashize iminsi micye hakozwe operasiyo yiswe gucyura umusirikare warasiwe kurugamba, aho Amerika yavuze ko yinjiye muri Iran igakurayo umupilote warutwaye indege yarashwe na Iran, aba bavuze ko byagenze neza ndetse ko nta muntu wahasize ubuzima cyangwa ngo akomereke ariko hakaba hari urundi ruhande rwemeza ko ari ibinyoma Amerika isanzwe iha abantu uko yishakiye.
Nyuma yibyo ariko hadutse indi nkuru idasanzwe ivuga ukuntu Amerika, itigeze igambirira gucyura umusirikare wabo warasiwee kurugamba ariko bateguye icyo gitero bashaka kwiba Uranium (iraniyumu) ya Iran itunganyije neza ariko umugambi ukaba warabapfubanye kuko ingabo za Iran zababereye ibamba.
Abantu batandukanye bavuga ko uku gucyura umupilote w’indege ari ikinyoma cyambaye ubusa kuko ubu hari nundi waheze muri Iran ndetse bikaba bitazwi aho ari, abantu bibaza ukuntu bavuga ko uwarokowe ngo yakije akuma bagendana kakaba ariko katanze amakuru yuzuye yaho ari! Ariko bakaba bibaza impamvu uwa Kabiri yabuze kandi bose bari bafite ibikoresho bimwe. None kuki uwo pilote wundi atakoresheje ubu buryo?
Iyo urebye kandi urugendo bavuga uyu yagenze ngo ajya kwihisha uko rungana n’amaguru, Wabara ingano y’amazi baba bafite cyangwa ibindi bagendana bigomba kubatunga wagereranya n’imisozi bavuga bamukuyemo usanga bidahura na gato.
Leta ya Iran yaje gutangaza nyuma ko, iki kiswe kubohoza pilote wari waguye muri Iran ari ikinyoma gikomeye ahubwo ngo amerika yari yateguye igitero cyo kwiba Uranium yabo ingana n’ibiro 450 ariko bikarangira nabi cyane kuko batabigezeho ahubwo bagatakaza indege nyinshi uwo munsi.
Bavuga ko indege ebyiri zitwara imizigo za MC-130J ngo zoherejwe Isfahan aho bakekaga ko iyo Uranium yaba ibitse kandi akaba ari kilometero 200 uvuye aho indege ya wa mu pilote yarasiwe, Iki nicyerekana ko gahunda y’umupilote ari ikinyoma. Bavuga kandi ko urebye umubare w’indege zari zaje zari ziteguye gukora ikintu kinini kurusha akantu koroshye ko gucyura umupilote umwe washobora no gutaha bidasabye igitero.

Umugabo uzwi cyane kuri X (Twitter) mu gusesengura ibigendanye n’igisirikare witwa Tyler Weaver avuga ko operasiyo yo gucyura umupilote ari ikinyoma cyambaye ubusa, ati: “Ese gucyura umupilote umwe cyangwa babiri, indege zingahe zitwara imizigo, ukeneye se kajugujugu zirenga 100 ziki? Avuga ko muburyo bwa gisirikare ari ikinyoma gikomeye kandi kigaragarira buri wese ubasha gufungura amaso.
Uyu avuga ko na mbere yuko indege ya F15 iraswa, ahantu yarasiwe honyine hagaragaza ko amerika hari igitero yateguraga cyo kubutaka kigamije kwiha Uranium ya Iran ku ngufu, umwe mu bahoze mu ngabo za amerika witwa Antony Aguilar nawe avuga ko gukoresha indege nini cyane zitwara imizigo ari ikigaragaza neza ko Amerika, hari umuzigo ufite agaciro kandi munini yari yiteguye gutwara.
Avuga ko bitwaje gucyura pilote ariko gahunda nyakuri yari ubujura bwo kwiba Uranium ku ngufu ariko bikaza kurangira nabi kuko bahatakarije indege zirenga ehanu ako kanya.
Ntugende udatanze igitekerezo cyawe muri comment.

