AKA KANYA

FARDC na M23 Intambara Iri Gufata Indi Ntera

Uduce tugenzurwa na AFC/M23 turimo kugabwaho ibitero bikomeye by’indege zitagira abapilote (drones) z’igisirikare cya Forces Armées de la République Démocratique du Congo (FARDC), zifite ikoranabuhanga rigezweho.

Muri zo harimo indege y’Abashinwa yitwa Wing Loong II — imwe mu zikomeye cyane mu rwego rw’ibitero byo mu kirere. Amakuru avuga ko nibura eshatu zaguzwe mu mpera za 2025 no mu ntangiriro za 2026.

Izi “Dragon Wings” ziri kugaba ibisasu mu duce twa AFC/M23. Nubwo zigamije inyeshyamba, hari aho ibitero byagiye bigiraho ingaruka ku basivili, ibintu bikomeje guteza impungenge.

Iyi drone ifite ubushobozi bukomeye:

  • Ishobora gutwara ibiro bigera kuri 500 by’intwaro zirimo na misile 6.
  • Ishobora kumara amasaha agera kuri 32 mu kirere.
  • Igenda ku muvuduko ugera kuri 400 km/h.
  • Ishobora kureba no kurasa intego iri ku ntera ya km 10.

Muri Afurika, izi ndege zifitwe n’ibihugu bike birimo RDC, Libiya, Misiri, Alijeriya, Maroc na Nijeriya.

Amakuru aturuka i Kinshasa agaragaza ko FARDC iri kwiyongera imbaraga, ibintu bishobora gusobanura ubukana bw’ibitero biri kugaragara muri iki gihe.

Ibiganiro by’amahoro biravugwa… ariko hagati aho, abaturage bakomeje kugerwaho n’ingaruka z’iyi ntambara.

Ese ibintu byahindutse koko?
Haracyari kare kubivug, ariko ibiri kubera ku rugamba birakomeye.

Amakuru aracyakusanywa no kugenzurwa neza.

sangiza abandi kuri

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Post