CAF Igiye Guha APR FC Miliyoni Zirenga 145 Frw Nyuma yo Kwegukana Igikombe cya BK Pro League no Kubona Itike ya CAF Champions League

Ntucikwe!

APR FC yegukanye igikombe cya BK Pro League 2025 nyuma yo gutsinda Rutsiro FC ibitego 3-0, iba ikipe ya mbere yo mu Rwanda itwaye igikombe nyamukuru nyuma y’uko Al Hilal yari yarahawe icy’icyubahiro.

‎‎Ikipe ya APR FC yegukanye igikombe nyamukuru cya BK Pro League nyuma yo gutsinda Rutsiro FC ibitego 3-0 mu mukino w’umunsi wa 32 wa shampiyona

‎‎Ni intsinzi yasize APR FC yanditse amateka muri uyu mwaka w’imikino, kuko ibaye ikipe ya mbere yo mu Rwanda isoje iri ku mwanya wa mbere nyuma y’igihe Al Hilal SC yo muri Sudan yari yarigaruriye shampiyona nk’umushyitsi.

- Kwamamaza -

‎‎Mu byumweru bishize, Al Hilal yari yarabaye ikipe ya mbere muri BK Pro League ariko kubera ko ari ikipe y’abatumirwa itari iyo mu Rwanda, ntabwo yemerewe gutwara igikombe nyamukuru cya shampiyona. Ahubwo yahawe igikombe cy’icyubahiro (Honorary Trophy) nk’ikipe yitwaye neza muri shampiyona.

‎Ibyo byahise bituma amaso y’abakunzi ba ruhago ahita areba ikipe y’u Rwanda izahita yegukana igikombe nyir’izina, none ubu icyo cyubahiro cyegukanywe na APR FC.

‎Mu mukino wabahesheje igikombe, APR FC yagaragaje urwego rwo hejuru cyane imbere ya Rutsiro FC. Ibitego bya William Togui, Djibril Quattara na Byiringiro Gilbert Kagege wari wongeye kwitwara neza cyane, ni byo byahesheje iyi kipe intsinzi ikomeye.

‎‎Byiringiro Gilbert Kagege akomeje kuba umwe mu bakinnyi bari gufasha cyane APR FC muri iyi minsi, aho ari mu bafite umusaruro mwiza ndetse n’uruhare rukomeye mu bitego ikipe itsinda.

‎‎Kwegukana iki gikombe bishimangira ko APR FC ikomeje kuba imwe mu makipe afite amateka akomeye muri ruhago y’u Rwanda, cyane cyane nyuma y’umwaka wari udasanzwe kubera kwitabira kwa Al Hilal na Al Merrikh SC muri BK Pro League.

‎Mu yindi mikino yabaye kuri uyu munsi wa 32, Musanze FC yatsinze Gasogi United ibitego 3-2 mu mukino wari ukomeye cyane, mu gihe Amagaju FC yatsinze Al Merrikh igitego 1-0, intsinzi yabafashije gukomeza kwizera kuguma mu cyiciro cya mbere.

‎Amagaju FC ubu arasabwa nibura inota rimwe gusa kugira ngo yizere kuguma muri shampiyona y’icyiciro cya mbere umwaka utaha.

‎Ku ruhande rwa APR FC, abafana batangiye kwizihiza igikombe ndetse benshi batangira no kureba uko ikipe yabo izitwara mu marushanwa nyafurika nyuma yo kongera kwegukana BK Pro League.CAF iha amakipe arenga ibihumbi 100,000 by’amadolari arenga milliyoni (145 frw)amakipe azakina CAF champions league ndetse na CAF confederation cup,bivuze ko ayayo ihita iyabona byihuse.

- Advertisement -spot_img

Inkuru wakunda

SIGA IGISUBIZO

Andika igitekerezo cyawe hano
Andika amazina yawe hano

- Kwamamaza -spot_img

Izindi wasoma ubu