Trump yongeye kwibasira Obama ku masezerano ya Iran

Ntucikwe!

Donald Trump yavuze ko naramuka ageze ku masezerano mashya na Iran, azaba ari “amasezerano meza kandi akwiye,” atandukanye cyane n’ayo avuga ko yakozwe nabi na Barack Obama.

Trump yavuze ko amasezerano ya Obama yahaye Iran amafaranga menshi cyane ndetse anayifungurira inzira yo gukora intwaro za nucléaire.

Yagize ati:

“Ninkora amasezerano na Iran, azaba ari meza kandi akwiye, atandukanye n’aya Obama yahaye Iran amafaranga menshi ndetse ikanabona inzira ifunguye yo gukora intwaro za nucléaire.”

- Kwamamaza -

Trump kandi yavuze ko amasezerano ari gutekerezwaho ubu ataruzura neza ndetse ko abantu benshi bayanenga kandi bataranayabona.

Yakomeje anenga abamunenga, avuga ko hari abantu bavuga ibintu byinshi ku masezerano batigeze banabona cyangwa ngo basobanukirwe nayo.

Trump yavuze ko abayobozi bamubanjirije bagombaga kuba barakemuye ikibazo cya Iran kera, anashimangira ko we “adakora amasezerano mabi.”

Aya magambo aje mu gihe ikibazo cya Iran gikomeje guteza impaka ku rwego mpuzamahanga, cyane cyane ku bijyanye n’intwaro za nucléaire n’umutekano wo mu Burasirazuba bwo Hagati.

- Advertisement -spot_img

Inkuru wakunda

SIGA IGISUBIZO

Andika igitekerezo cyawe hano
Andika amazina yawe hano

- Kwamamaza -spot_img

Izindi wasoma ubu