Nyuma y’igihe abantu benshi bibaza igihe Miss Noëmi azatangariza ko agiye kwibaruka, uyu munsi yahaye abakunzi be igisubizo batari biteze.
Miss Noëmi yashyize hanze amafoto mashya agaragaza ko atwite, ahita anatangaza ko we n’umugabo we bagiye kuba ababyeyi ku nshuro ya mbere.
Mu butumwa bwe, yavuze ko ashimira Imana ku bwo kubaha uyu mwana ndetse no kubasubiza isezerano bari bafite.
Yagize ati:
“Jesus, thank You so much for making us parents… and blessing us with our precious little rainbow.”
Yongeyeho ko uyu mwana asanzwe akundwa cyane na mbere y’uko avuka, ndetse ko we n’umugabo we batagitegereje umunsi bazamubonera.

Aya makuru aje atunguranye kuko mu gihe cyashize hari abantu bakunze kwibaza niba Miss Noëmi yaba afite gahunda yo kubyara vuba, ariko akaba atari yarigeze atangaza ku mugaragaro ko atwite.


Ariko ubu ibanga ryashyizwe hanze.
Congratulations Miss Noëmi na hubby! Umwana wanyu muto azane ibyishimo byinshi mu rugo.



