Donald Trump yongeye kuvuga ku ntambara iri hagati ya Amerika na Iran mu ijambo yavugiye mu nama n’abanyamakuru yabereye muri White House kuri uyu wa mbere.
Muri iryo jambo, Trump yagize ati: “Dufite intambara ubu, ariko abantu bakabaza bati: kuki iri gutinda kurangira?”
Yahise ayigereranya n’izindi ntambara zikomeye Amerika yigeze kurwana, agaragaza ko nyinshi zatwaye igihe kirekire. Yibukije ko intambara ya Vietnam yamaze imyaka igera kuri 19, iya Iraq ikamara imyaka irenga 10, ndetse iya Korea ikamara imyaka 7. Yahise ayigereranya n’izindi ntambara zikomeye Amerika yigeze kurwana, agaragaza ko nyinshi zatwaye igihe kirekire. ndetse anavuga n’Intambara ya Kabiri y’Isi Yose.
Trump yavuze ibi mu gihe ari gukomeza gusobanura uko iyo ntambara ihagaze, mu gihe hari igitutu cy’abaturage n’abanyapolitiki bashaka kumenya igihe ishobora kurangirira.
Abasesenguzi bavuga ko iri gereranya rye rigamije kwerekana ko intambara zikomeye zidahita zirangira, ariko rikaba rinongera impungenge ku kuba n’iyi ishobora kumara igihe kirekire kurusha uko byari byitezwe.




