Umuhanzi w’icyamamare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Fally Ipupa, yatangaje ko agiye kongera gutaramira muri Kenya, ibintu byashimishije abafana be bo muri Afurika y’Iburasirazuba.
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Fally yasangije abafana ifoto iriho amagambo “Save the Date”, agaragaza ko azataramira i Nairobi ku wa 5 Nzeri 2026 mu gitaramo cyiswe “Fally Ipupa Live in Nairobi.”

Uyu muhanzi amaze imyaka irenga 20 ari umwe mu bakunzwe cyane muri Kenya no mu bindi bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba. Indirimbo zirimo Eloko Oyo, Original, Likolo, Amore, A Flyé, Sweet Life, Mayanga, Bloqué na Science Fiction zamugize umwe mu bahanzi bafite abafana benshi muri aka karere.
Mbere yo gutangira umuziki ku giti cye mu 2006, Fally Ipupa yari umwe mu baririmbyi bakomeye mu itsinda rya Quartier Latin International rya Koffi Olomide, mbere yo kwiyubakira izina rye ku rwego mpuzamahanga.
Mu mwaka wa 2026, yanditse amateka ubwo yabaga umuhanzi wa mbere wo muri Afurika ugejeje album ye ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’indirimbo zigurishwa cyane mu Bufaransa, abikesha album ye XX, yasohoye mu kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki.
Kenya ni kimwe mu bihugu Fally akunze gutaramiramo. Mu bihe byashize yahakoreye ibitaramo byinshi byitabiriwe n’imbaga y’abafana, birimo Walker Town Concert yabereye muri Uhuru Gardens mu 2023 ndetse n’igitaramo cya Africa Forward Summit cyabereye muri Kasarani Indoor Arena muri Gicurasi 2026.
Ibitaramo bye bizwiho umuziki ucurangwa live, ababyinnyi b’inararibonye, urubyiniro ruteye amabengeza n’ibihe birebire byo gususurutsa abafana.
Abategura iki gitaramo bategereje ko kizitabirwa n’abafana baturutse muri Kenya, Uganda, Tanzania, u Rwanda ndetse n’ibindi bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba.
Ese uzaba uri i Nairobi ku wa 5 Nzeri kureba Fally Ipupa ku rubyiniro?




Good news